Ibimenyetso bya kanseri y’igifu ugomba kwitondera, nuramuka ubibonye uzihutire kugana ivuriro

0
8810

Kanseri y’igifu ni imwe muri kanseri zizwiho kubabaza cyane. Gusa kuri benshi bayirwara, ntibakunze kumva ububabare iyo igitangira.

Kimwe na kanseri zindi zitandukanye, kanseri y’igifu nta bimenyetso ijya ikunda kugaragaza

Kuribwa mu gifu bya hato na hato, bishobora kukubaho gusa ntibyerekana ko ari kanseri y’igifu, iyi kanseri ntikwirakwizwa mu muryango. Akenshi iterwa n’imihindagurikire mu buryo umubiri ukoramo.

Dore ibimenyetso 5 ugomba kwitondera

  1. Gutakaza ubushake bwo kurya byoroshye

Hari igihe ujya kurya wumva ushonje, wamara gukoramo 2 ukumva urahaze, ibiryo ukumva ntukibishaka. Iki ni kimwe mu bimenyetso bishobora kukwereka ko wibasiwe na kanseri y’igifu.

  1. Kubona amaraso mu byo wituma cg warutse

Nubwo hari izindi ndwara zishobora kugutera kugaragaza amaraso mu byo witumye. Gusa amaraso aza mu gihe urwaye kanseri atandukaniye n’ayo ku zindi ndwara kuko yo aba yijimye cyane.

Niba uruka, ukabona amaraso atukura cyane, nicyo gihe cyo kugana kwa muganga, ukisuzumisha neza ko Atari kanseri iri kuza.

  1. Gutakaza ibiro cyane

Hari indwara nyinshi zishobora gutuma utakaza ibiro ku buryo bworoshye, urugero nka diyabete ndetse n’indwara zibasira imikorere y’amara.

Niba utakaza ibiro cyane ku buryo bugaragara, kandi ukaba nta kindi ukora ngo bigabanuke cyane, ni ngombwa kugana kwa muganga ukamenya neza impamvu ibitera.

Iyi kanseri y’igifu irababaza cyane
  1. Kumva ibyuka, kwituma impatwe ndetse n’impiswi

Mu gihe ugitangira kwibasirwa na kanseri y’igifu, mu gifu hawe hahora ibyuka byinshi, amara ntaba agifunguka neza. Kwituma impatwe cg impiswi, nta mpamvu yindi ukeka yabiteye nk’ibyo wariye cg wanyoye, bishobora kwerekana ko uturemangingo two mu gifu, tutagikora neza.

Nubwo ibi bimenyetso, atari byo byakwereka ko wugarijwe na kanseri y’igifu, igihe ubonye byinshi muri ibi ni ngombwa kwihutira kugana kwa muganga.

  1. Ikirungurira kidashira

Ikirungurira, igogorwa rikorwa nabi n’ibindi bimenyetso byerekana ko igifu kitagikora neza, bishobora kuba kimwe mu bimenyetso biza hakiri kare, mu gihe urwaye kanseri y’igifu.

 

Iyi kanseri, ikunze kwibasira abagabo cyane cyane, nk’uko bigaragazwa n’umurango w’abanyamerika ushinzwe kanseri, umuntu 1 mu bantu 111 ajya yibasirwa n’iyi kanseri mu buzima bwe. Gusa iyi kanseri iravurwa igakira.