Abenshi tumenyereye ko habaho vitamin A, B, C, D, E na K. Nyamara wasanga tutajyaga twibaza impamvu tugera kuri E tugasimbuka tukajya kuri K kandi hagati ya E na K harimo F G H I na J.
Reka rero tukubwireko na vitamini F ibaho
-
Ese iyi vitamini ni iyihe
Nubwo tutari tuzi ko ari vitamini (bamwe), iyi vitamin imenyerewe ku izina rya Fatty acid (twabyita ibinure). Ikaba uruvange rwa omega-3 na omega-6.
-
Imariye iki umubiri
Akamaro k’iyi vitamin ni kanini
*. Ifasha umubiri kwisana no gukora ingingo nshya
*. Ifasha mu bikorerwa mu mubiri nko gukira indwara vuba, kugira uruhu runoze n’umusatsi utunganye
*. Iyi vitamin ni ingenzi mu buzima bw’imyororokere aho ituma ugira intanga zikomeye kandi zihagije
-
Kuyibura bitwara iki
*. Kugira amaso yumagaye, ku buryo yakangirika vuba kuko nta marira ahagije aba arimo
*. Gusatagurika uruhu, guhorana umwera
*. Kudakira vuba kandi wanyoye imiti ihagije ihwanye nuburwayi
-
Iyi vitamin twayisanga he?
Iyi vitamin umubiri ntubasha kuyikorera ahubwo tuyibona binyuze mu byo turya
*. Guhekenya ubunyobwa bubisi
*. Kurya amafi
*. Amavuta ya canola, aya soya kimwe n’ay’ibihwagari
*. Imboga n’imbuto zinyuranye nka poivron, karoti, inyanya, avoka, amashu n’ibitunguru
*. Umwana wonka ayivana mu mashereka

Mugire ubuzima buzira umuze.














